KAROTI N’AKAMARO KAYO
Karoti ni ubwoko bw’imboga bukungahaye kuri vitmini A, B, C na E zifitiye akamaro kanini umubiri w’umuntu mu kuwurinda ubuhumyi n’izindi ndwara, gutuma uruhu rusa neza n’ibindi. Karoti zihingwa mu turere twose tw’u Rwanda, mu butaka buseseka, buhitisha amazi kandi bufumbiye.
Karoti zihingwa zite?
Karoti zihingwa mu murima urambuye cyangwa se mu turima dufite m1,2 mu bugari, uburebure bwo buterwa n’uburebure bw’umurima cyangwa ubushake bw’umuhinzi.
Iyo umuhinzi amaze gutegura umurima, kuwufumbira no gutegura uturima ateramo karoti, akora imirimo ikurikira:
Imirimo ikorerwa karoti mu murima Gutwikiriza ibyatsi ahamaze guterwa no kuvomerera.
Karoti zimera nyuma y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu zitewe. Iyo zameze bakuraho ibyatsi byari bitwikiriye umurima.
• Igihe cyose hamezemo ibyatsi karoti zigomba kubagarwa kandi zikanasukirwa.
• Ni byiza kuvomerera karoti mu gihe imvura itagwa kugira ngo ubutaka bugumane ubuhehere kandi kroti zikure neza . Bavomerera mu gitondo izuba ritararasa na nimugoroba izuba rirenze.
Umusaruro
• Iyo karoti zahingiwe kugurishwa na bwo zisarurwa bahita bazijyana ku isoko. Ni ngombwa kuzirandura neza batazikomeretsa kuko byazitesha igiciro cyiza ku isoko.
Guhunika
Ubuhinzi bwa karoti
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment